Bugesera:hatashywe ikibuga cy’umukino w’amagare udasanzwe

Ikibuga cy’umukino w’amagare giherereye i Bugesera cyubatswe ku bufatanye n’ikipe ya Israël Premier Tech cyatashywe ku mugaragaro.

Ni ikibuga cyubatswe mu rwego rw’ubufatanye busanzwe hagati y’ikipe y’umukino w’amagare ya “Israel Premier Tech” na Bugesera Women Cycling Team, aho iyi kipe yo muri Israël yabubakiye ikibuga gikinirwamo umukino w’amagare kizwi nka Pump Track.

“Turateganya kubaka ishuri ry’umukino w’amagare rikomeye hano mu karere ka Bugesera, iri shuri rizahuriza hamwe abana bafite impano baturutse mu gihugu hose”

Umuyobozi wa Israel Premier Tech Sylvan Adams yatangaje ko uyu mushinga bawukoreye mu Rwanda kubera umuco wabo ndetse n’ubuvandimwe hagati y’ibihumbi byombi.

Yagize ati “Twatekereje gukorera uyu mushinga mu Rwanda kubera umuco w’igihugu cyacu cya Israel, mu muco wacu tuba tugomba kuzamura isi. Turi abavandimwe, tugomba gukorera hamwe kugira ngo abana tubazamure mu mukino w’amagare”

Kabuhariwe mu mukino w’amagare Chris Froome wegukanye Tour du Rwanda inshuro enye ubu uri mu Rwanda hamwe n’ikipe ye Israël Premier Tech, yatangaje ko yishimiye kubona umushinga bagizemo uruhare hamwe n’ikipe ye ushyirwa mu bikorwa.

Nyuma yo gusoza icyiciro cya mbere (Phase ya mbere) yo kubaka iki kibuga, hazakurikiraho gutangiza ishuri ry’umukino w’amagare (Academy) hafi y’iki kibuga kiri mu karere ka Bugesera, nk’uko Sylvan Adams uyobora Israel Premier Tech yabitangaje.

Ikibuga cy

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu,  cyangwa ukande hano ukore subscribe kuri Youtube Channel yacu.

Tubafitiye n’ibitabo by’abana iby’ikinyarwanda , igifaransa n’icyongereza . Uramutse wifuza kugurira umwana wawe igitabo watwandikira kuri : sopublishers@gmail.com cyangwa ukaduhamagara  kuri  : Tel: +250783203433,, +250783399900

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *