Huye: Umunyeshuri wa Kaminuza y’u Rwanda yapfuye arohamye

Nduwawe Jean Louis wari umunyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda yitabye Imana arohamye muri piscine ya Groupe Scolaire Officiel de Butare.

Iyi mpanuka yabaye ku wa Gatandatu tariki 4 Ukuboza 2021, ubwo Nduwawe Jean Louis wigaga mu wa Mbere mu Ishami rya Siyansi n’ikoranabuhanga, yajyanaga na bagenzi be koga.

Amakuru IGIHE yahawe n’ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda avuga ko nyuma y’igihe gito batangiye koga uyu musore yahise agaragara hejuru y’amazi ameze nk’uwashizemo umwuka.

Yahise ajyanwa kwa ku bitaro bya Kabutare, aza gushiramo umwuka saa Mbili z’ijoro zo ku wa Gatandatu. Kugeza ubu umurambo wa nyakwigendera uracyari muri ibi bitaro.

Biteganyijwe ko umuhango wo gushyingura nyakwigendera uzaba ku wa Mbere tariki 5 Ukuboza 2021. Ubu Kaminuza y’u Rwanda iri gukorana n’umuryango bya hafi.

Kaminuza y’u Rwanda iteganya ko umunyeshuri upfiriye ku ishuri, umuryango we uhabwa ibihumbi 100 Frw ndetse kaminuza ikishyura ikiguzi cyo kumushyingura.

inkuru ya igihe

Mushobora kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga zacu mukajya muba aba mbere mu kubona amakuru agezweho buri munsi.Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Kanda hano udukurikirane kuri Twitter cyangwa ukande hano ukore subscribe kuri Youtube

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *