Ibizamini byagaragaje ko Jay Polly yishwe na ‘Methanol

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko isuzuma ryakozwe na Laboratwari y’u Rwanda y’Ibimenyetso bishingiye ku Bumenyi n’Ubuhanga bikoreshwa mu Butabera (RFL), rigaragaza ko Jay Polly yishwe n’ikinyabutabire cyitwa Methanol (Methanol alcohol intoxication).

Umurambo wa Jay Polly wakorewe ibizamini byo mu maraso, mu nkari no mu gifu.

Bisobanurwa ko mu mubiri we hasanzwemo ikinyabutabire cya methanol cyinshi cyateye umutima we guharara ibizwi nka ‘cardiorespiratory arrest’.

Jay Polly na bagenzi be barimo uwitwa Iyamuremye Jean Clement na Niyomugabo Jean Claude  na Harerimana Gilbert  banyoye ibintu byavanzwe hifashishijwe isukari, alcool n’amazi ashyushye. Harerimana niwe wari wabivanze.

Kugeza ubu muryango wa Jay Polly wamenyeshejwe icyishe umuvandimwe wabo hanyuma Harerimana wabahaye ibi binyobwa yatangiye gukurikiranwa n’amategeko.

Kugeza ubu uwitwa Niyomugabo Jean Claude yamaze gusezererwa nyuma yo kuvurwa, mu gihe Iyamuremye na Harerimana bakiri mu bitaro.

Jay Polly yitabaga Imana ku wa 2 Nzeli

Src: Igihe

Mushobora kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga zacu mukajya muba aba mbere mu kubona amakuru agezweho buri munsi.Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Kanda hano udukurikirane kuri Twitter cyangwa ukande hano ukore subscribe kuri Youtube

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *