Muhadjiri yatangiye imyitozo mu ikipe nshya

Kuri uyu wa mbere tariki 9 Mutarama 2023, rutahizamu Hakizimana Muhadjiri yakoze imyitozo ya mbere muri Police FC aheruka gusubiramo nyuma yo gutandukana na AlKholood FC yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Arabie Saoudite.

Hakizimana yari amaze amezi atandatu gusa muri Aziya nyuma yo kwerekezayo muri Kamena 2022.

Hakizimana Muhadjiri yasinye muri Police FC amasezerano y’amezi atandatu kugira ngo azarebe uburyo yasubira hanze y’u Rwanda mu mpeshyi.

Hakizimana asubiye muri Police FC yari yagiyemo mu 2021 nyuma yo kuva muri AS Kigali, na yo yasubiyemo nyuma yo gutandukana na Emirates Football Club yakiniye muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu mwaka w’imikino wa 2019/20.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu,  cyangwa ukande hano ukore subscribe kuri Youtube Channel yacu.

Tubafitiye n’ibitabo by’abana iby’ikinyarwanda , igifaransa n’icyongereza . Uramutse wifuza kugurira umwana wawe igitabo watwandikira kuri : sopublishers@gmail.com cyangwa ukaduhamagara  kuri  : Tel: +250783203433,, +250783399900.

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *