Muhire Kevin yasezeranye n’umukunzi we

Muhire Kevin yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, Cyuzuzo Delphine bamaze imyaka irenga 7 bakundana.

Ni umuhango wabaye uyu munsi ubera mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali mu Murenge wa Kimisagara.

Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko, amakuru avuga ko n’indi mihango y’ubukwe ari vuba, ni mu gihe bari bamaze igihe babana.

Muhire Kevin usanzwe ukinira Rayon Sports akaba we n’umukunzi we bamaze igihe bagaragarizanya urukundo cyane cyane amagambo babwirana ku mbuga nkoranyambaga.

Kevin na Cyuzuzo bamaze imyaka irenga 7 bakundana, gusa urukundo rwa bo bakunze kugenda barugira ibanga rikomeye, mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2020 ni bwo ibya bo batangiye kugenda babishyira ahabona.

 

 

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu,  cyangwa ukande hano ukore subscribe kuri Youtube Channel yacu.

Tubafitiye n’ibitabo by’abana iby’ikinyarwanda , igifaransa n’icyongereza . Uramutse wifuza kugurira umwana wawe igitabo watwandikira kuri : sopublishers@gmail.com cyangwa ukaduhamagara  kuri  : Tel: +250783203433,, +250783399900.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *