Neema umunywarwandakazi warumaze kubaka izina mu kumurika imideli yasanzwe mu modoka yapfuye

Kuri uyu wa mbere ahagana ku mugoroba ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye hatangiye gucicikana amafoto n’amashusho ya Neema, bamwifuriza iruhuko ridashira bisa nibitungura benshi bari bamuzi bibaza uko bigenze ngo yitabe imana.

Amakuru dukesha Inyarwanda nuko uyu mukobwa yasanzwe mu modoka yapfuye nkuko amakuru yatangajwe n’umufotozi umaze kumenyakana cyane Manzi Felix Sebihogo.

Yagize ati:”Yego Neema yapfuye nanjye sindamenya amakuru yose neza, umucousin (mubyara) we yambwiye ko
bamusanze mu modoka yapfuye, gusa nawe yahise ankupa yari ababaye cyane.”

Neema yaramaze kuba ubukombe muruhando rwo kumurika imideli cyane ko uyu mwunga yakundaga kuwukorera mu gihugu cya Leta zunze ubumwe z’amerika doreko arinaho yaratuye.

Neema yaratuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gusa bitewe n’akazi ko kumurika imideli yari afite mu ma kompanyi akomeye, yajyaga mu bihugu bitandukanye by’isi.

Abahanzi batandukanye bari basanzwe baziranye nuyu mukobwa barimo Kenny Sol bagaragaje agahinda batewe nurupfu rwe.

Kenny Sol yagize ati “Warakoze Mana kudutiza Neema, yatubereye imfura, yatubereye umugisha, yatwigishije urukundo ntiyatubereye gito. Urakoze kumwisubiza kandi turazi neza ko uzamutuza aheza kurusha aho asize, icyubahiro gikomeze kibe icyawe kuko uri Imana ishobora byose RIP Ngerero tuzagukumbura.”

NEEMA JEANINE :.

Umunyamideli ukomoka mu Rwanda yapfiriye muri America (inkuru irambuye) -  YEGOB

NEEMA JEANINE :.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu,  cyangwa ukande hano ukore subscribe kuri Youtube Channel yacu

Tubafitiye n’ibitabo by’abana iby’ikinyarwanda , igifaransa n’icyongereza . Uramutse wifuza kugurira umwana wawe igitabo watwandikira kuri : sopublishers@gmail.com cyangwa ukaduhamagara  kuri  : Tel: +250783203433,, +250783399900

 

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *