Perezida Kagame Paul yahawe igihembo na FIFA nk’uwakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu guteza imbere siporo

Perezida Paul Kagame yahawe igihembo nk’uwakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu guteza imbere siporo by’umwihariko umupira w’amaguru, iki gihembo akaba yagiherewe mu muhango wabereye i Kigali muri Serena Hotel.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Werurwe 2023 muri Serena Hotel i Kigali, habereye umuhango wo gutanga ibihembo kuri Perezida Kagame w’u Rwanda, ndetse n’Umwami wa Maroc, Mohamed VI.

Ni ibihembo bahawe nk’abakuru b’ibihugu bakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu iterambere rya Siporo muri Afurika (CAF President’s Outstanding Achievement Award 2022).

Ni ibihembo byatanzwe na Perezida wa FIFA Gianni Infantino ari kumwe na Perezida wa CAF Dr Motsepe.

Uyu muhango kandi wanitabiriwe n’abayobozi b’inzego z’umupira w’amaguru ku isi bitabiriye inama ya 73 ya FIFA izabera mu Rwanda ku wa Kane tariki 16 Werurwe 2023 muri BK Arena.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu,  cyangwa ukande hano ukore subscribe kuri Youtube Channel yacu.

Tubafitiye n’ibitabo by’abana iby’ikinyarwanda , igifaransa n’icyongereza . Uramutse wifuza kugurira umwana wawe igitabo watwandikira kuri : sopublishers@gmail.com cyangwa ukaduhamagara  kuri  : Tel: +250783203433,, +250783399900

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *