Rayon Sports hagati mugihirahiro yahagaritswe urugendo igeze kure

Mu gihe Rayon Sports iri mu ndege yerekeza muri Libya, amakuru avuga ko amakipe yo muri iki gihugu azakina Imikino Nyafurika yamaze gusaba CAF ko imikino yazakinwa mu cyumweru gitaha kubera kunamira abahitanywe n’ibiza.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya aho ku wa Gatanu w’iki cyumweru ifite ifite umukino w’ijonjora rya 2 rya CAF Confederation Cup na Al Hilal Benghazi.

Bivugwa ko Al Hilal yamaze gusaba CAF ko bazakina ku wa Gatanu w’icyumweru gitaha tariki ya 22 Nzeri 2023 kubera icyunamo cyo kunamira abahitanywe n’ibiza muri iki gihigu, mu gihe CAF yabyemera bivuze ko Rayon Sports yamara muri iki gihugu hafi ibyumweru bibiri.

Muri Libya hamaze iminsi imvura nyinshi yasenyeye abaturage benshi ndetse bamwe bakahasiga ubuzima.

Tubafitiye n’ibitabo by’abana iby’ikinyarwanda , igifaransa n’icyongereza . Uramutse wifuza kugurira umwana wawe igitabo watwandikira kuri : sopublishers@gmail.com cyangwa ukaduhamagara  kuri  : Tel: +250783203433, +250783399900.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *