Rutsiro: Abakozi batanu b’Akarere barokotse impanuka

Mu Murenge wa Musasa mu Karere ka Rutsiro, haravugwa impanuka y’imodoka yarenze umuhanda igwa munsi y’umukingo, abakozi bane b’Akarere ka Rutsiro n’umushoferi bararokoka.

Ni impanuka yabaye ahagana mu ma saa yine kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Nyakanga 2023, ubwo abo bakozi bari mu butumwa bw’akazi, berekeza ahagiye kubera ubukangurambaga bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), mu Murenge wa Nyabirasi, bujyanye n’amategeko yo kurengera ibidukikije.

Umukozi ushinzwe itumanaho n’imibanire y’Akarere n’abaturage, Niyitegeka Fabien, yabwiye Kigali Today icyateye iyo mpanuka, avuga n’uburyo abari muri iyo modoka bamerewe nyuma yaho.

Ati “Ntabwo turabikurikirana neza ariko ikibazo cyabaye ni ikijyanye n’imikorere y’imodoka, kuko byagaragaye ko ipine yaba yagize ikibazo igafunguka imodoka irenga umuhanda igwa munsi y’umukingo, bari bageze ahazamuka”.

Arongera ati “Yari itwaye abantu batanu barimo abakozi b’Akarere n’umushoferi, kugeza ubu bose bameze neza nta wagiye mu bitaro”.

Abo bakozi ngo nyuma yo kurokoka iyo mpanuka, bahise bohererezwa indi modoka ibageza aho bari bagiye, bakomeza akazi kabo.

Src:kigalitoday

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu,  cyangwa ukande hano ukore subscribe kuri Youtube Channel yacu.

Tubafitiye n’ibitabo by’abana iby’ikinyarwanda , igifaransa n’icyongereza . Uramutse wifuza kugurira umwana wawe igitabo watwandikira kuri : sopublishers@gmail.com cyangwa ukaduhamagara  kuri  : Tel: +250783203433,, +25078339990

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *