Mu gitaramo cy’umuziki udasakuza (Silent Disco) hafatiwemo abantu 26.

Muri Kivu Park Hotel hafatiwe abantu 26 bari mu muziki udasakuza (Silent Disco),Mu ijoro rishyira tariki 14 Kanama 2021, abantu 26 bafatiwe.Ubuyobozi bwa Polisi mu Karere ka Rubavu bwatangaje ko abo bantu bari barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Inkuru dukesha Kigalitoday.co, aba ngo Bari baje bakurikiye abandi bantu 41 bari muri hoteli muri gahunda ya Tembera u Rwanda ndetse bujuje amabwiriza yo kwirinda Covid-19 nk’uko bisabwa n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB).Ngo byabaye ngombwa ko hari abavuye hanze baza muri iyo hoteli bituma baba benshi barenga ku mabwiriza y’amasaha y’ingendo kandi badafite ibyumba, bafatwa n’inzego z’umutekano.

Ubuyobozi bwa hoteli buvuga ko abari muri hoteli bari bujuje ibisabwa, bipimishije Covid-19 ndetse bari bafite igitaramo kidasakuza (silent disco) umuntu abyina yambaye ibimufasha kumva umuziki mu matwi (écouteurs) atabangamiye mugenzi we, icyakora ngo haje kuba ikibazo cyo kurangara haza abandi bantu badapimye.

Icyitegetse Mélissa ni umwe mu bafatiwe muri Kivu Park Hotel yarenze ku mabwiriza. Avuga ko yafatiwe mu makosa kandi ayemera, akavuga ko bitazasubira.

Ati “Badusanze ahantu twari benshi twarenze ku mabwiriza, twari mu kirori cya silent disco kandi bari batubwiye ko byemewe, ubuyobozi bwadusanzemo batuzana muri Stade.”

Icyitegetse avuga ko bimusigiye isomo kubera kutubahiriza amabwiriza.

Ati “Inama ntanga ni uko abategura ibirori bareba ko byubahirije amabwiriza, naho ababyitabira na bo bagomba kugenzura ko bubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi, asaba ba nyiri amahoteli n’abazijyamo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 kandi amayeri akoreshwa na hoteli na resitora zirenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 nkana azwi, avuga ko atazihanganirwa.

Uretse gucibwa amande, abafashwe bahawe n’inyandiko barahirira ko batazongera kwica amabwiriza ndetse barahirira ko nibongera gufatwa bishe amabwiriza yo kwirinda Covid-19 bazahanwa nk’abigometse.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *