Dr Yvan Butera uherutse kugirwa umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima yasezeye kubuseribateri

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Yvan Butera, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukobwa bamaze igihe mu rukundo, ndetse mu minsi mike baritegura guhamya umubano wabo imbere y’Imana.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo Dr. Butera yasezeranye imbere y’amategeko na Diana Kamili, mu muhango witabiriwe n’abantu bake bo mu miryango yabo.

Basezeranyijwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge, mu muhango wabereye mu Biro by’Umujyi wa Kigali.

Dr Butera wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisante mu Ugushyingo uyu mwaka, yari yabwiye IGIHE ko “vuba” azasezera ubusiribateri. Yabivuze mu kiganiro yatangarijemo uko yakiriye inshingano nshya.

Amakuru ahari n’uko indi mihango yo guhamya umubano imbere y’Imana izakorwa mu mpera z’iki Cyumweru.

Dr Butera Yvan ubu afite agahigo kokuba ubu ariwe   muto mu bagize Guverinoma y’u Rwanda kuko afite imya 32 y’amavuko.

ImageUmunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Yvan Butera ubwo yarahiraga inshingano nshya yari amaze guhabwa.

Dr. Butera n’umukunzi we Diana Kamili basezeranye imbere y’amategeko

Channel yacu.

Tubafitiye n’ibitabo by’abana iby’ikinyarwanda , igifaransa n’icyongereza . Uramutse wifuza kugurira umwana wawe igitabo watwandikira kuri : sopublishers@gmail.com cyangwa ukaduhamagara  kuri  : Tel: +250783203433,, +250783399900.

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *